Amerika yemeye ko ifite intwaro z’intambara mu isanzure

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ku mugaragaro ko ifite intwaro zishobora gukoreshwa mu kirere, bikaba ari ubwa mbere yemeye ko ifite ubwo bushobozi bwa gisirikare.

Minisitiri w’Ingabo zirwanira mu Kirere, Troy Meink, yavuze ko izi ntwaro ari ingenzi mu kurinda ibikorwa by’igisirikare ndetse no guhangana n’ibikorwa bishobora gukorwa n’umwanzi mu isanzure.

Ingabo za Amerika zishinzwe ibikorwa byo mu isanzure zatangiye gukorera mu 2019, zigamije kurinda umutungo w’iki gihugu uri mu kirere, urimo ibyogajuru bikoreshwa mu itumanaho, ubutasi n’ibindi bikorwa bya gisirikare.

Iri tangazo rije mu gihe ibihugu bikomeye bikomeje kongera ubushobozi bwabyo mu bijyanye n’intambara zishobora kubera mu isanzure.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *